Primus ni inzoga ikorwa n’uruganda Bralirwa, ihuza urungano rwose ; Urubyiruko ruri hejuru y’imyaka 18, abakuze ndetse n’abasheshe akanguhe. Hari impamvu nyinshi zo gukunda Primus ; Primus ifite uburyohe bwihariye, niyo nzoga yambere yageze mu Rwanda, Imaze imyaka 90 ihuza abantu, bakishima, bakungurana ibitekerezo byubaka ndetse bagasabana. Agahebuzo ni uko Primus yatuzaniye rimwe mu marusha
nwa ya muzika rikunzwe cyane mu gihugu ariryo ‘Primus Guma Guma Super Star’."Iyo abantu bahuye bagasangira ibihe byiza, niho usanga Primus, inzoga nziza ikundwa n'abanyarwanda kuva 1959. Twishimire ubuzima bwiza n'ejo hazaza heza cyane"
Primus Guma Guma Super Star ni irushanwa ngarukamwaka rya Muzika ryambere rihuza abahanzi bakunzwe kandi bashoboye mu Rwanda, hagamijwe guhitamo ubahiga bose. Primus Guma Guma Super Star ikaba imenyekanisha abo bahanzi mu bice byose by’ igihugu, inagamije gusakaza ikinyobwa gikunzwe cyane cya Primus. Irushanwa rihuza hagati y’abantu 20, 000 kugeza 50,000 aho ribereye hose, maze abaje kwihera amaso bakagira amahirwe yo kwibonera abahanzi bakunda bagera ku 10 amaso ku ku maso. Abaje kureba irushanwa baba bafite amahirwe yo kwinywera Primus ya santiritio 50 (50 cl) ndetse n’ibindi binyobwa bidasembuye bya Bralirwa ku giciro gisanzwe.